Icumbi
Iyo ugeze muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bwa mbere, ushobora guhabwa icyumba mu nzu ya rusange cyangwa muri hoteri, cyangwa se ukabana na bene wanyu bamaze gutuzwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Iyo ukiri ingaragu, bashobora kukwegeranya n’impunzi bagenzi bawe bakiri ingaragu kandi muhuje igitsina.
Hitamo imiterere yo kwigiramo amakuru kuri iyi paji. Ushobora kureba videwo, gukurura urupapuro rukubiyemo amakuru cyangwa kumva ikiganiro kiri mu majwi. Buri mahitamo atanga amakuru amwe.
Icumbi
Ikigo Gishinzwe Gutuza Impunzi cyakuzanye kizakora ibishoboka byose ubona icumbi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kwezi kwa mbere ukigerayo kandi bagushakire icumbi rifite isuku, riciriritse, kandi riri ahantu hatekanye. Mu ntangiriro, uzaba winjiza amafaranga agereranyije, ni yo mpamvu icumbi uzabamo bwa mbere ritazaba rijyane n’amahitamo yawe. Ariko rero, nucunga neza ayo mafaranga ahoraho, bizagufasha guhitamo aho kuba, mu gihe kizaza, hajyanye n’ubushobozi bwawe, ibyo ukeneye ndetse n’amahitamo yawe.
Ibikoresho byo mu nzu
Ikigo Gishinzwe Gutuza Impunzi cyakujyanye kigomba gushyira mu nzu cyangwa icyumba bakugeneye wowe n’umuryango wawe ibikoresho by’ibanze byo mu nzu hamwe n’ibikoresho byo mu rugo. Muri ibyo harimo intebe, ameza n’uburiri, ibiryamirwa, ibikoresho byo mu gikoni, hamwe n’udukoresho tundi umuntu yifashisha. Ikigo ntabwo gitegetswe kuguha ibikoresho bishyashya. Ibikoresho bigomba kuba ari bizima, ariko ntabwo bigomba kuba ari bishyashya.
Ubusanzwe inzu cyangwa icyumba gikodeshwa bigira igikoni n’amashyiga, aho bogereza ibikoresho, n’icyuma gikonjesha; uruganiriro n’uburiro; icyumba cyo kuraramo kimwe cyangwa byinshi; aho gukarabira; n’aho kubika imyambaro.
IBICIRO BY’ICUMBI
Akenshi kubona icumbi muri Leta Zunze ubumwe za Amerika birahenze, kandi kubona ahantu heza ho kuba biragoye. Birasanzwe kuba abantu bakodesha inzu cyangwa icyumba. Ibiciro by’icumbi bitandukana bitewe na Leta, umujyi, na ndetse bitewe n’agace utuyemo. Aho waba hose, amafaranga y’icumbi ni yo azaba menshi mu yo ukenera mu kwezi.
Ushobora kwimuka mu cyumba cyangwa inzu wabagamo ariko ubanje kubimenyesha nyirayo mbere y’uko wimuka, nk’uko muba mwarabyumvikanyeho mu masezerano y’ubukode. Gusa ugomba kumenya ko hari amafaranga usabwa mu gihe cyo kwimuka, ugomba rero kwiringira ko ubasha kuyishyura mbere y’uko usesa amasezerano y’ubukode.
Icumbi
IBICIRO BY’ICUMBI
Akenshi kubona icumbi muri Leta Zunze ubumwe za Amerika birahenze, kandi kubona ahantu heza ho kuba biragoye. Birasanzwe kuba abantu bakodesha inzu cyangwa icyumba. Ibiciro by’icumbi bitandukana bitewe na Leta, umujyi, na ndetse bitewe n’agace utuyemo. Aho waba hose, amafaranga y’icumbi ni yo azaba menshi mu yo ukenera mu kwezi.
Ushobora kwimuka mu cyumba cyangwa inzu wabagamo ariko ubanje kubimenyesha nyirayo mbere y’uko wimuka, nk’uko muba mwarabyumvikanyeho mu masezerano y’ubukode. Gusa ugomba kumenya ko hari amafaranga usabwa mu gihe cyo kwimuka, ugomba rero kwiringira ko ubasha kuyishyura mbere y’uko usesa amasezerano y’ubukode.
UBURENGANZIRA N’INSHINGANO KU ICUMBI
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari nyir’inzu n’umupangayi bafite uburenganzira n’inshingano bagomba kuzuza. Igihe ukodesheje icyumba cyangwa inzu, ugomba gusinya amasezerano y’itwa ay’ubukode. Mu masezerano y’ubukode, ufatwa nk’umupangayi, hanyuma ukemera gukodesha uwo mutungo mu gihe runaka, ukishyurira ubukode ku gihe, kandi ukita kuri uwo mutungo. Gusesa amasezerano y’ubukode wasinye( kwimuka mu cyumba mbere y’uko amasezerano y’ubukode arangira) byatuma ucibwa amande ndetse bikanagira ingaruka mbi ku mafaranga ugenerwa. Igihe wimutse, hari ibintu ugomba kwitaho harimo kumenyesha Leta ya Amerika n’ibiro by’iposita, ndetse n’ibindi. Nyamuneka shaka ababikuyoboramo mu Kigo Gishinzwe Gutuza Impunzi igihe ushaka kwimuka.
Witeguye gusuzuma ubumenyi bwawe?
Uburyo bwinshi bwo kwiyungura ubumenyi
Hifashishijwe amasomo ndetse na videwo by’ingirakamaro, hahora hari ikintu gishya cyo kwiyungura. Settle In yoroshya uburyo bwo kwiyungura ubumenyi ku bijyanye no kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iga ku muvuduko wawe – turi hano kubafasha.