Serivisi Zigenewe Abaturage
Serivisi Zigenewe Abaturage zikubiyemo serivisi, ubufasha, ibikoresho, n’umutungo byagenewe abaturage mu duce batuyemo. Izi serivisi zishobora gutangwa ku buntu cyangwa ku giciro gito, zigatangwa na leta, imiryango ishingiye ku turere runanka cyangwa imiryango ishingiye ku madini.
Hitamo imiterere yo kwigiramo amakuru kuri iyi paji. Ushobora kureba videwo, gukurura urupapuro rukubiyemo amakuru cyangwa kumva ikiganiro kiri mu majwi. Buri mahitamo atanga amakuru amwe.
Ubufasha bwa Leta
Ibigo bya Leta bishinzwe imibereho myiza biha serivisi abaturage mu duce baherereyemo. Ibi bigo bifasha abantu bafite ibibazo byihariye, nk’imiryango ikennye, idafite icumbi n’abantu bafite ubumuga. Guverinoma ifite igihe n’amabwiriza byihariye byo gufasha impunzi.
Dore zimwe muri gahunda za leta zo gufasha impunzi:
Ubufasha bw’amafaranga
Ku bantu bafite ibibazo byo kubona akazi,hari gahunda ebyiri zashyiriweho gufasha abantu mu bijyanye n’amafaranga: Gahunda yo Gufasha Imiryango Itishoboye(TANF) yita ku babyeyi n’abana hamwe na Gahunda yo Gufasha Impunzi Hifashishijwe Amafaranga(RCA) yita ku mpunzi z’ingaragu n’abashakanye badafite abana.
Gahunda y’Ubufasha bw’Ibiribwa (SNAP)
Iyi gahunda ya leta ifasha abantu batishoboye kubona amafunguro muri Leta zunze Ubumwe za Ammerika. Umuntu wemerewe ubufasha muri iyi gahunda ahabwa ikarita imufasha kugura amafunguro yo ku kigero runaka buri kwezi. Impunzi zishobora gusaba ubufasha bw’ibiribwa bwifashishije inzego z’ibanze za leta. Ingano y’ubufasha itandukana bitewe n’agace (leta) ubarizwamo kandi igashingira ku ngano y’umuryango n’umutungo wawo.
Supplemental Security Income (SSI)
Ubu ni ubufasha bugenewe abantu bafute ubumuga cyangwa barengeje imyaka 65 kandi batanishoboye.
Child Care Assistance Programs
Imiryango imwe yita kuba batishoboye, ikabikora ku buntu cyangwa ku giciro cyo hasi kugira ngo babashe gukora no gushaka akazi.
Serivisi Rusange
Buri gace kagira serivisi rusange gaha abantu bahatuye. Dore zimwe muri serivisi rusange zikunze gutangwa:
Amapariki n’ imyidagaduro
Pariki zigena ahantu ha rusange ho kuruhukira, gusohokera, n’ibibuga by’imikino. Pariki nyinshi zigira amabwiriza agena ibyo abaje kuhasura bemerewe n’ibyo batemerewe gukora. Kujya muri pariki nyinshi ni ubuntu, ariko pariki za leta n’izo ku rwego rw’igihugu zishobora kwishyuza.
Ubufasha butari ubwa leta
Imiryango imwe yigenga ifasha abantu ikoresheje impano z’abantu ku giti cyabo, cyangwa igakoresha inkunga ya leta n’iy’abantu ku giti cyabo. Iyo miryango igira inama z’ubutegetsi zishinzwe guteganya ibyo gukora kandi zigomba gutanga raporo z’umwaka ku byakozwe, ariko zitandukanye na leta
Iyi miryango igabanyijemo ibyiciro bitatu bikurikira:
Imiryango Itegamiye Kuri Leta yo ku rwego rw’igihugu(NGOs)
Iyi miryango ifasha abantu mu duce twose tw’igihugu, ikaba iba ifite icyicaro gikuru mu murwa mukuru. Imiryango imwe muri iyoishobora gufasha impunzi. Ingano, ikiguzi n’ubwoko bwa serivisi zitangwa n’iyi miryango bitandukana bitewe n’agace, ariko imyinshi itanga serivisi zikurikira:
- Ubujyanama
- Gufasha abimukira
- Amasomo y’icyongereza
- Serivisi zirebana n’akazi
- Serivisi n’ubusemuzi n’ihinduranyandiko