Ibirebana n’Umurimo ku Mpunzi z’Igitsina Gore
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akazi ni ngombwa cyane ku hazaza heza h’umuryango wawe no ku mibereho myiza, kimwe no ku iterambere ryawe bwite nk’umugore kandi no kudahungabana ku birebana n’umutungo. Abantu bakuru bose, baba abagore baba abagabo, bafite imyaka hagati ya 18 na 64 kandi bashoboye gukora, bagomba gushyira imbere gushakisha akazi.
Hitamo imiterere yo kwigiramo amakuru kuri iyi paji. Ushobora kureba videwo, gukurura urupapuro rukubiyemo amakuru cyangwa kumva ikiganiro kiri mu majwi. Buri mahitamo atanga amakuru amwe
Inyungu zo Gukora
Baba abagore baba abagabo bose muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barakora, kandi abagore bagize icya kabiri cy’abakozi, bakora akazi kamwe n’abagabo ku nzego zose, kandi akenshi bagenzura abakozi b’abagabo. Kubona akazi no kukarambaho bibafitiye inyungu nyinshi mwese yaba wowe cyangwa umuryango wawe.
Gutunga urugo – Iyo abashakanye bombi bakora, amafaranga yinjira mu rugo ariyongera, bigatuma byoroha kuriha amafaranga mukoresha kandi mukishyura fagitire za buri kwezi hamwe n’amafaranga y’ubukode bw’inzu, kimwe no kubasha kugura ibiribwa n’imyambaro. Kwinjiza amafaranga muri babiri bituma kandi mubasha kwizigamira kandi icyizere cyo kudahungabana mu birebana n’ubutunzi kikiyongera mu muryango
Kubona inyungu – Utuzi tumwe tubamo inyungu nk’ubwishingizi bwo kwivuza aho umukoresha atanga ubwishingizi bunyuranye ku mukozi kandi akenshi akamurihira icya kabiri cy’ikiguzi. Asigaye ku kiguzi cy’ubwishingizi akurwa ku mushahara umukozi ahembwa. Abanyamerika benshi bacungira kuri porogaramu z’ubwishingizi bwo kwivuza babona nk’abakozi kuko kwivuza bihenda. Kubona inyungu z’ubwishingizi bwo kwivuza uzivanye ku kazi ukora biguha wowe n’umuryango wawe guhabwa serivisi zo kwivuza zidahagarara ku giciro giciriritse.
Kongera ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza – Kuva mu rugo ukajya ku kazi hanze bizatuma uganira mu cyongereza kandi wongere ubumenyi muri urwo rurimi uko ugenda uganira n’abo mukorana n’abakiriya aho ukorera mu buryo bwa kinyamwuga. Kwiga Icyongereza bituma hari icyo umara mu baturanyi mubana kandi ukongera ubushobozi bwo gucunga ibikorwa ukora waba ugiye guhaha muri butike, mu biro bya muganga, cyangwa kuri banki.
Kungurana n’abandi ibitekerezo – Ku kazi ubona uburyo bwo kungurana ibitekerezo n’abandi mu matsinda y’abantu banyuranye kandi ukiga umuco n’indangagaciro by’abanyamerika, ibyo bigatuma uburyo witwara aho hantu hashya uba.
Kunguka ubumenyi bwa kinyamwuga – akazi ka mbere kungura ubumenyi n’ubwenge bugufasha kwitegura akazi k’ubutaha. Uko ugenda wunguka ubwenge, niko amahirwe yawe yo kuzamurwa mu nzego cyangwa gushakisha akazi gahemba neza agenda yiyongera.
Gukoresha uburyo bwa rusange bwo gutwara abantu n’ibintu cyangwa kwiga gutwara imodoka – Kujya no kuva ku kazi bigusaba gukoresha uburyo bwa rusange bwo gutwara abantu n’ibintu cyangwa gutwara imodoka yawe. Kwiga gukoresha uburyo bwa rusange bwo gutwara abantu n’ibintu cyangwa kwiga gutwara imodoka bizagufasha cyane kwigenga no kutagira umuntu ucungiraho, bizagufasha kumenyera aho utuye n’umujyi ubamo, kandi bizatuma wiyumvamo ko aho hantu hashya uri ari iwanyu.
Akazi k’ababyeyi babana n’abo bashakanye n’akazi k’ababyeyi bibana
Guhindura Imikorere Yumuryango
Abanyamerika baha agaciro ubwigenge bw’abagabo n’ubw’abagore bose. Mu miryango myinshi, umugabo n’umugore bombi baba bakora kandi mu miryango imwe n’imwe, umugore yinjiza amafaranga menshi kurusha umugabo. Mu yindi miryango, umugore usanga yarabonye akazi kandi umugabo ntako yabonye. Iyo bimeze gutya, biba byitezwe ko umugabo ari we wita ku bana iyo batari ku ishuri.
Mu bihe nk’ibi, abagabo bamwe biyumvamo ko batakaje uruhare rwabo rwo kuba abatware b’urugo. Abagore bamwe na bamwe bumva bahangayikishijwe n’inshingano nshya bagomba kuzuza maze ugasanga ahanini ari bo batunga umuryango. Kugaragaza gushyigikirana, icyo gihe cyose mu kuganira mukabwizanya ukuri nta buryarya, bishobora kongera ubwumvikane kandi bikoroshya umuhangayiko hagati y’abashakanye
In situations like these, some men may feel that they have lost their leadership role in the family. Some women may feel stress as they take on new responsibilities and become the primary wage-earner. Showing support for one another, along with open and honest communication, can increase understanding and ease stress between spouses.
Witeguye gusuzuma ubumenyi bwawe?
Uburyo bwinshi bwo kwiyungura ubumenyi
Hifashishijwe amasomo ndetse na videwo by’ingirakamaro, hahora hari ikintu gishya cyo kwiyungura. Settle In yoroshya uburyo bwo kwiyungura ubumenyi ku bijyanye no kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iga ku muvuduko wawe – turi hano kubafasha.